Ibintu byahinduye isura,M23 yakamejeje,gahunda ni ugufata Goma

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira, imirwano hagati y’umutwe wa M23 na FARDC yakomeje  mu bice bya Kigarama, urusaku rw’imbunda ntoya n’inini byumvikanye cyane mu gace gaherereyemo.

Uduce twa Kibumba na Buhumba, muri teritwari ya Nyiragongo niho urusaku rwumvikana cyane aho abaturage bo muri utu duce bari guhunda.

Mu gihe intamabara ikomeje gufata indi sura FARDC ikomeje kwamburwa uduce dutandukanye arinako ikubitwa inshuro,ntisiba kandi  kuvuga ko  u Rwanda arirwo rwihishe inyuma y’umutwe wa M23 u Rwanda narwo rugahakana  ko nta shingiro ibyo birego bifite ko bakwiye gukemura ibibazo byabo ntawe babyegetseho.

Ibi bikorwa byo kwitirira u Rwanda kwihisha inyuma ya M23 bimaze gufata indi ntera aho kugeza uyu munsi Congo yamaze kwirukana Amabasaderi uhagarariye u Rwanda muri Congo.

Nyuma yibi bikorwa u Rwanda ruvuga ko rukomeje kubicungira hafi, ari nako inzego zishinzwe umutekano ziryamiye amajanja ku mipaka, ngo zikumire ibibazo byose byagerageza gushaka guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900

 

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *