FIFA yahagaritse Kenya na Zimbabwe

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) ryahagaritse Kenya na Zimbabwe kwitabira amarushanwa mpuzamahanga kubera uburyo Guverinoma z’ibyo bihugu zivanze mu mikorere y’inzego z’umupira w’amaguru wabyo.

 

Zimbabwe ihanwe nyuma y’uko Guverinoma yanze kuvana ukuboko kwayo mu miyoborere y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu, dore ko iherutse gushyiraho ubuyobozi bushya.

Abayobozi ba mbere bakuweho mu Ugushyingo umwaka ushize bashinjwa ruswa.

Kenya nayo yazize kuba Minisiteri ya siporo yarakuyeho ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu bushinjwa ruswa. Nick Mwendwa wahoze ayoboye ubu ari gukurikiranwa n’inkiko.

Umwanzuro wo guhagarika ibi bihugu watangajwe kuri uyu wa Kane na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Bisobanuye ko mu gihe ibi bihugu bitarakomorerwa, bitemerewe gukina mu marushanwa mpuzamahanga cyangwa se ngo bihabwe inkunga ijya itangwa na FIFA.

Ibi bihano bishobora koroshywa mu gihe Guverinoma zareka amashyirahamwe y’umupira w’amaguru imbere mu gihugu agakora mu bwisanzure.

Kenya's Harambee Stars aim to gain Mali scalp after opening draws in World Cup qualifiers | CGTN Africa
Kenya yahagaritswe na FIFA
AFCON 2021: Football-mad Zimbabwe facing challenge | Sports | German football and major international sports news | DW | 18.01.2022
Zimbabwe iherutse kwitabira igikombe cy’afurika cyabereye muri cameroun.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *