Umusirikare wa RDC uhetse imbunda,asoma ka manyinya afata ifoto yatunguye abatari bake mu gitaramo cya Fally Ipupa(Video)

Ku wa Gatandatu tariki 29 Ukwakira 2022, mu gihugu cya RDC habaye  igitaramo cy’imbaturamugabo  cya Fally Ipupa mu Murwa Mukuru Kinshasa kuri Stade muzamahanga ya Kinshasa.

Iki gitaramo cyari kitabiriwe n’abantu benshi cyane basaga ibihumbi 80000, gusa cyaje kubamo insanganya kubera umuvudo wabantu benshi, 11 bahasiga ubuzima.

Nkibindi bitaramo byose cyangwa se ahantu hahuriye abantu benshi haba hagombo kuboneka abashinzwe umutekano cyane Military Police.

Muri iki gitaramo kitabiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi hagaragaye umusirikare wa RDC yibyinira lumba afite n’icupa rya byeri mu ntoki.

Ntagitangaje kirimo kuko nubundi ubusanzwe abasirikare biki gihugu bakunda kugaragara mu mafoto n’amashusho adasanzwe aho abenshi bibaza ukuntu umusirikare agaragara mu bintu bidafututse  kandi  bisanzwe bizwiko bagira ikinyabupfura ndetse no kugendera ku gitsuri cy’abayobozi babo.

Bisa naho igirikare cya Congo gitandukanye nibindi bindi bisirikare ugendeye kubyo bakora mu ruhame bitagakwiye ku musirikare.

Tubafitiye n’ibitabo by’abana iby’ikinyarwanda , igifaransa n’icyongereza . Uramutse wifuza kugurira umwana wawe igitabo watwandikira kuri : sopublishers@gmail.com cyangwa ukaduhamagara  kuri  : Tel: +250783203433,, +250783399900

 

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *